Cheikh Djibril Ouattara yashimiye Afande James Kabarebe baganiriye
14-09-2026 saa 06:30' na Canisius Kagabo
Cheikh Djibril Ouattara yashimiye Afande James Kabarebe baganiriye

Rutahizamu wa APR FC ukomoka muri Burkina Faso, Cheikh Djibril Ouattara yashimiye umuyobozi w’icyubahiro wa APR FC, Gen (Rtd) James Kabarebe ku nama yamugiriye.

Yifashishije imbuga nkoranyambaga ze, Cheikh Djibril Ouattara yashyizeho amafoto ari kumwe na Afande James Kabarebe aho yari yamushyiriye ibihembo aheruka kwegukana.

Hari iby’uko yabaye rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona y’u Rwanda ndetse n’igihembo cya rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri CECAFA Kagame Cup iheruka kubera mu Rwanda.

Djibril Ouattara kandi akaba yahaye Afande James Kabarebe impano ya jersey ya Burkina Faso yanditseho izina rye.

Mu magambo yaherekeje amafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, Ouattara yashimiye Gen (Rtd) James Kabarebe ku nama yamugiriye.

Ati "Wakoze ku bw’iyi nama y’agaciro. Mubyeyi (Dad) Imana iguhe umugisha mwinshi."

Cheikh Djibril Ouattara yagiranye ibiganiro na na Afande James Kabarebe nyuma y’uko ku wa Gatanu w’icyumweru gishize batsinze banasezerera Les Aigles du Congo bakomeza mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League aho mu bitego bitatu APR FC yatsinze, Cheikh Djibril Ouattara yatsinzemo 2.

Yamumurikiye ibihembo amaze kwegukana
Yahaye Afande James Kabarebe impano ya jersey
whatsapp Facebook