Abahungu banjye ni indwanyi tugomba kurwana, sinaje gutsindwa - Constantine utoza Amavubi
14-09-2026 saa 08:57' na Canisius Kagabo
Abahungu banjye ni indwanyi tugomba kurwana, sinaje gutsindwa  - Constantine utoza Amavubi

Umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Amavubi, Stephen Constantine yavuze ko ataje gutsindwa ko agomba kurwana kugeza ku munota wa nyuma.

Ni amagambo yatangaje mbere y’uko atangira urugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 ndetse no gushaka itike y’imikino Olempike.

Stephen Constantine yavuze ko yifuza guhesha u Rwanda itike zombi kuko yaje gutsinda atari ugutsindwa.

Ati "Dufite imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi no mu batarengeje imyaka 23 dufite guhatanira itike y’imikino Olempike. Hombi ndashaka kubona itike. Sinaje hano gutsindwa, naje gutsinda."

Yakomeje avuga ko bitoroshye kuko u Rwanda ruri mu itsinda rikomeye bisaba kurwana cyane.

Ati "Gusa turi mu itsinda rikomeye. Tugiye gukina n’ikipe ivuye mu Gikombe cy’Isi (Cape Verde), tugiye gukina na Mali ya 52 ku rutonde rwa FIFA, Liberia ni ikipe nziza ariko ndatekereza tuzayitsinda, twayitsinda."

Constantine yavuze ko ari indwanyi kimwe n’abasore be, biteguriye urugamba kandi ko kubona itike y’Igikombe cya Afurika bishoboka.

Ati "Tugomba kurwana, kuba bishoboka ko twajya mu Gikombe cya Afurika, yego birashoboka ntabwo wamenya ibiba mu mupira w’amaguru ariko tugomba kurwana, ndi indwanyi kimwe n’ababyinnyi."

Mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, u Rwanda ruri mu itsinda rimwe na Liberia, Cape Verde na Mali.

Amavubi azatangira urugendo tariki ya 25 Nzeri 2026 akina na Liberia i Kigali mu gihe tariki ya 29 Nzeri 2026 azakina na Cape Verde muri Cape Verde.

Stephen Constantine yavuze ko ataje gutsindwa
whatsapp Facebook