Amakipe abiri ahagarariye u Rwanda mu mikino Nyafurika ya CAF Champions League na CAF Confederation Cup, APR FC na Rayon Sports zinjiye mu mwiherero zitegura imikino yo kwishyura y’ijonjora ry’ibanze.
APR FC izakina na Les Aigles du Congo mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League uzaba ku wa Gatanu tariki ya 11 Nzeri 2026 kuri Stade Amahoro.
Umukino ubanza wabereye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Aigles du Congo yatsinze 1-0, APR FC ikaba isabwa gutsinda kugira ngo ikomeze mu kindi cyiciro.
APR FC ikaba irimo gukorera imyitozo i Shyorongi aho isanzwe ikorera ikaba yanatangiye umwiherero ejo hashize ari nabwo basubukuraga imyitozo.
Ku rundi ruhande, Rayon Sports na yo ejo hashize yasubukuye imyitozo yetegura umukino wo kwishyura izakina na Panthère Sportive du Ndé yo muri Cameroun.
Ni umukino uzaba tariki ya 12 Nzeri 2026 kuri Stade Amahoro aho nayo isabwa gutsinda kuko umukino ubanza banganyije 1-1.
Iyi kipe ikaba irimo gukorera imyitozo ku kibuga cya FERWAFA nayo ikaba yageze mu mwiherero yitegura uyu mukino.
Kuwa 15-09-2026
APR FC yatangiye gutekereza kongerera amasezerano Cheikh Djibrill Ouattara
Kuwa 15-09-2026
Shampiyona irakomeza APR FC na Rayon ziyiganura
Kuwa 14-09-2026
Ingimbi z’u Rwanda zageze muri Côte d’Ivoire
Kuwa 14-09-2026
Abahungu banjye ni indwanyi tugomba kurwana, sinaje gutsindwa - Constantine utoza Amavubi
Kuwa 14-09-2026
Ubu bari he? Abakinnyi 17 banditse amateka muri Rayon Sports bayigeza mu matsinda?