Polisi y’u Rwanda yavuze ko igiye gufatira ibihano Muyango Claudine nyuma y’uko agaragaye atwaye imodoka atambaye umukandara (seat belt).
Ni nyuma y’amashusho yashyizwe ku rubuga rwa X n’uwitwa Kate Bashabe agaragaza Muyango atwaye imodoka atambaye umukandara arimo kugenda arya aga ’snack’.
Aya mashusho yaherekejwe n’amagambo agira ati "Nyabuna mugerageze gutwara mwambaye seat belt (umukandara) kandi ntabwo byemewe gutwara muri kurya."
Yahise akorera ’mention’ Polisi y’u Rwanda.
Polisi yahise nayo iza ivuga kuri aya mashusho ko igiye kubikurikirana maze amakosa yakoze ayahanirwe.
Ati "Muraho, ni byo rwose, ni byiza kwibutsanya inshingano. Ibyo yakoze ntibyemewe. Turabikurikirana kugira ngo afatirwe ibihano bikwiye."
Muyango Claudine ntabwo yaba abaye icyamamare cya mbere gihaniwe aya makosa kuko no muri Mutarama 2025 The Ben yarahanwe nyuma y’amashusho ye yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga atwaye imodoka atambaye umukanadara, icyo gihe yaciwe ibihumbi 10 Frw by’amande.
Kuwa 18-09-2026
Ish Kevin yasohoye Album nshya iriho indirimbo 10
Kuwa 17-09-2026
Pirate yishyizeho ’Tatoo’ ya Bruce Melodie
Kuwa 16-09-2026
M Irene yakomeje Vestine urimo kunyura mu bihe bigoye
Kuwa 16-09-2026
AG Promoter na Micky mu byishimo byo kwibaruka imfura yabo
Kuwa 16-09-2026
Amavubi yatangiye CECAFA anyagirwa na Tanzania (AMAFOTO)