Umukinnyi wa filime Nyarwanda, Mukobwajana Asifiwe uzwi nka Micky yihanganishije Ishimwe Vestine weruye ko yasabye gatanya.
Ishimwe Vestine uhuriye mu itsinda rimwe n’umuvandimwe we Dorcas mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, mu Gushyingo 2025 nibwo bwa mbere yaciye amarenga ko atameranye neza n’umugabo we, Idrissa Jean Luc Ouédraogo.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze ariko agahita abusiba, yagize ati "Uyu munsi ubuzima mbayeho si bwo nahisemo, ndi mu bihe bingoye kandi si byo nkwiye. Ndabizi ko nagize amahitamo mabi mu buzima bwanjye, ariko ntakundi. Imana yemera ko ibintu bimwe bitubaho kugira ngo tubyigiremo, narize bihagije. Nta mugabo uzongera kumbeshya ukundi ngo anyangirize ubuzima.”
Vestine akaba yahishuye ko ubu yamaze gusaba gatanya aho ashinja uyu mugabo kumuca inyuma akanatera abakobwa babiri inda nk’uko yabitangarije Igihe.
Amakuri ISIMBI yamenye ni uko uyu munsi tariki ya 14 Nzeri 2026 habaye inama ntengura rubanza ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho aba bombi bari bahagarariwe n’abanyamategeko babo kuko batabonetse.
Nyuma y’uko aya makuru agiye hanze, Micky abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yihanganishije Vestine amubwira ko ubu ari bwo agiye kubaho akomeye.
Ati "Ibihe bikomeye ntibiza kukurimbura, biza kukubaka. Komera umuseke wawe uraje."
Tariki ya 5 Nyakanga 2025 nibwo Ishimwe Vestine na Idrissa Jean Luc Ouédraogo ukomoka muri Burkina Faso bakoze ubukwe bemeranya kubana akaramata.
Kuwa 16-09-2026
AG Promoter na Micky mu byishimo byo kwibaruka imfura yabo
Kuwa 16-09-2026
Amavubi yatangiye CECAFA anyagirwa na Tanzania (AMAFOTO)
Kuwa 16-09-2026
Amarangamutima ya Marina Deborah wahawe imodoka nziza n’umukunzi we
Kuwa 15-09-2026
Yakuyemo impeta arayimusubiza! Uko Lynda na Christion bashwanye bikomeye mbere gato y’ubukwe
Kuwa 14-09-2026
Sheebah Karungi yahishuye uko yagiye gusenga akabikubitirwa