Umuhanzi akaba na Producer, Element Eleéeh yateguje indirimbo nshya yise ’My Dear’ avuga ko ari indirimbo ishingiye ku nkuru mpamo.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, uyu muhanzi umaze iminsi abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashyizeho ’post’ abwira abakunzi be kuri iyi ndirimbo ya ’My Dear.’
Element Eleéeh ’post’ yayiherekeresheje amagambo asobanura byinshi kuri iyi ndirimbo avuga ko ishingiye ku nkuru mpamo.
Ati "Ishingiye ku nkuru mpamo. Hari ibintu bimwe byoroha kuvuga binyuze mu ndirimbo. Iyi nayegereje umutima."
Element Eleéeh ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane bitewe n’indirimbo ze zanyuze benshi nka ’Kashe’ bivugwa ko yasohoye ayikoreye uwo bakundanaga ariko mbere yo kuyisohora baza gutandukana, ariko n’ubundi ahitamo kuyisohora.
Agiye gusohora iyi ndirimbo mu gihe yaherukaga gusohora ’Ayayaah’ mu mezi ane ashize yakoranya na Bien na Joshua Baraka.
Kuwa 16-09-2026
M Irene yakomeje Vestine urimo kunyura mu bihe bigoye
Kuwa 16-09-2026
AG Promoter na Micky mu byishimo byo kwibaruka imfura yabo
Kuwa 16-09-2026
Amavubi yatangiye CECAFA anyagirwa na Tanzania (AMAFOTO)
Kuwa 16-09-2026
Amarangamutima ya Marina Deborah wahawe imodoka nziza n’umukunzi we
Kuwa 15-09-2026
Yakuyemo impeta arayimusubiza! Uko Lynda na Christion bashwanye bikomeye mbere gato y’ubukwe