Umutoza wa Marine FC, Yves Rwasamanzi yavuze ko bagerageje gukina neza ariko baza gukoramo amakosa yatumye APR FC ibatsinda.
Ni nyuma y’umukino w’umunsi wa gatatu wa Shampiyona ya 2026-27 APR FC yari yakiriyemo Marine FC inayitsinda ibitego 4-2.
Muri uyu mukino, Marine FC niyo yabanje ibitego bibiri ariko APR FC yaje kubyishyura iranayitsinda.
Aganira n’itangazamakuru, Yves Rwasamanzi yavuze ko bagize igice cya mbere cyiza ariko mu gice cya kabiri bakoze amakosa APR FC irabahana.
Ati "Twagize igice cya mbere cyiza, tugira igice cya kabiri kibi. Twakoze amakosa ikipe iraduhana. APRFC ni ikipe nkuru, ivuye muri ChampionsLeague, itwara ibikombe rero iyo ukoze ikosa ntabwo yakubabarira."
Yakomeje avuga ko nubwo atabigira urwitwazo ariko yaburaga abakinnyi mu busatirizi bwe.
Ati "Twagize ikibazo cyo kubura abakinnyi babiri mu busatirizi nubwo atari urwitwazo ariko byadukozeho, gusa tugiye kwikosora nibaza iwacu natwe dushobora kuzabatsinda."
Yves Rwasamanzi kandi yavuze ko kandi amakosa bakoze bagiye kuyakosora akazabafasha gutegura imikino iri imbere.
Kuwa 17-09-2026
Handball: U Rwanda rwanganyije na Libya
Kuwa 17-09-2026
Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice yumvikanye n’Ubushinjacyaha
Kuwa 17-09-2026
Dauda wa APR FC yanze kujyana n’abandi mu modoka bituma adakina umukino wa Marine FC
Kuwa 16-09-2026
Cheikh Djibril Ouattara yavuze ku byo gukomezanya na APR FC
Kuwa 16-09-2026
Mu mukino uryoheye ijisho APR FC yatsinze Marine FC (AMAFOTO)