Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Adrien Misigaro na Richard Nick Ngendahayo bageze muri Australia aho bafite ibitaramo bitatu.
Igitaramo cya mbere aba bahanzi bazakora kizabera mu Mujyi wa Brisbane ku wa 12 Nzeri 2026 babone gukomereza mu kizabera i Melbourne ku wa 19 Nzeri 2026 basoreze ibitaramo byabo i Sydney ku wa 26 Nzeri 2026.
African Gospel Echoes yateguye ibi bitaramo yahisemo aba bahanzi baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rwego rwo guhuza Abanyafurika binyuze mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Richard Nick Ngendahayo ni umuhanzi ukunzwe mu ndirimbo nka "Yambaye Icyubahiro", "Mbwira Ibyo Ushaka", "Ibuka", "Gusimba Umwonga", "Si Umuhemu", "Ijwi Rinyongorera", "Sinzakwitesha", "Wemere Ngushime" n’izindi nyinshi.
Adrien Misigaro yamenyekanye cyane mu ndirimbo nka "Ntacyo Nzaba", "Niyo Ndirimbo", "Nkwite Nde", "Nkurikira" n’izindi.
Kuwa 10-09-2026
Umwe yanagiye muri koma! Cynthia na Hyguette barokotse impanuka ikomeye
Kuwa 9-09-2026
Umunyamakuru wa BTN yasohoye indirimbo nshya
Kuwa 6-09-2026
Love Family Choir yitegura kumurika album yasohoye indirimbo nshya
Kuwa 1-09-2026
Umuyobozi wa ADEPR yitabiriye igitaramo cya Chorale Salemu, Kundwa Events ikora amateka
Kuwa 1-09-2026
Gaby Kamanzi yaryumyeho ubwo yari abajijwe ku bukwe bwe